Abakristu barenga 7000 ba Arkidiyosezi ya Kigali mu rugendo nyobokamana i Kibeho(1 Nyakanga 2023)

Buri mwaka Arkidiyosezi ya Kigali itegura urugendo nyobokamana I Kibeho, mu byiciro byose by’abakristu: abana, urubyiruko abakuru ndetse n’andi matsinda anyuranye y’abakristu.Urugendo nyobokamana ruheruka  rwakozwe umwaka ushize ku wa  gatandatu tariki 21 Gicurasi 2022, rwitabirwa nabwo n’abakristu barenga 7000. Urugendo nyobokamana ku butaka butagatifu i Kibeho, ni umwanya mwiza abakristu bongera kuzirikana ubutumwa umubyeyi Bikira Mariya yatangiye I Kibeho abuha Abanyarwanda n’abakristu b’isi yose.

Urugendo nyobokamana i Kibeho, ku wa 26 Kamena 2021

Dore ingingo z’ingenzi zigize ubwo butumwa:

–Abantu nibisubireho bidatinze, bagarukire Imana.

-Abantu bagomba  gusenga ubutarambirwa basabira isi kugira ngo ihinduke kuko imeze nabi cyane ikaba igiye kugwa mu rwobo.

-Bikira Mariya afite agahinda kenshi kubera ukwemera guke n’ukutihana biranga abantu b’iki gihe. Kuko badohotse ku muco mwiza, bakishora mu ngeso mbi bishimisha mu kibi no guhora bica amategeko y’Imana.

-Abantu nibashishoze cyane kuko ukwemera n’ubuhakanyi bizaza mu mayeri.

-Abantu nibamenye agaciro k’ububabare n’umwanya wabwo mu kubaho k’umuntu no mu kubaho gikristu.

-Abantu nibasenge ubutitsa basabira isi kandi nta buryarya kuko benshi batagisenga n’abasenga ntibabikore uko bikwiye. Bityo abasenga nibabitoze abandi kandi banabikore mu mwanya w’abatabikozwa.

-Abantu nibubahe kandi biyambaze Umubyeyi Biki

-Abantu nibavuge ishapure y’ububabare burindwi bwa Bikira Mariya.

-Bikira Mariya yifuje kubakirwa Ingoro y’urwibutso i Kibeho.

-Abakristu nibasenge ubutitsa basabira Kiliziya kuko amakuba akomeye ayitegereje mu bihe biri imbere.

https://archdioceseofkigali.org/bana-nimwumvire-ababyeyi-muri-nyagasani-kuko-ari-byo-bikwiye-ef-61-urugendo-nyobokamana-i-kibeho-rwabana-bo-muri-arkidiyosezi-ya-kigali/

Dore gahunda y’umunsi w’ejo ku wa Gatandatu tariki ya 1 Nyakanga 2023 i Kibeho

8h30- 10h00 : KWAKIRA NO GUTARAMIRA BIKIRA MARIYA

10h00-10h30 : IKIGANIRO KU BUTUMWA BWA KIBEHO

10h30 : KWITEGURA MISA

10h45 : UMUTAMBAGIRO

11h00 : MISA NTAGATIFU

13h00 : UBUTUMWA BUNYURANYE

13h25 : GUHA UMUGISHA IBIKORESHO BY’UBUYOBOKE

13h30 : GUHA URUMURI PARUWASI IZATEGURA UMWAKA UTAHA

13h40 : UMUGISHA USOZA

Urubyiruko rwa Arkidiyosezi ya Kigali mu rugendo nyobokamana i Kibeho

 

Leave a Reply