Amateka y’ubuzima bwa buri wese ni igitabo cy’agaciro twahawe:  Tumenye  guhuza ubuzima bwacu n’ugushaka kw’Imana

Kuri uyu wa gatatu tariki ya 19 Ukwakira 2022, Papa Fransisiko yakomeje ikiganiro mbwirwaruhame  ku nsanganyamatsiko ijyanye no guhitamo umurongo w’ubuzima.

Kuri uyu munsi yashimangiye ko  umuntu akwiye guhuza ubuzima bwe n’ugushaka kw’Imana. Ni ubuhe buryo twasomamo igitabo cy’ubuzima bwacu tukabasha no kubonamo ugushaka kw’Imana.

Ashingiye ku magambo ya Mutagatifu Agusitini ugira ati” isuzume wowe, wowe ubwawe”. Papa Fransisiko yavuze ko amateka y’ubuzima bwa buri wese ari igitabo cy’agaciro twahawe. Ikibabaje nuko bamwe batabyitaho nyamara bashobora kubonamo ibyo dushaka tunyuze mu zindi nzira.

Papa Fransisiko agereranya uko gusoma amateka y’ubuzima bwacu  nko kwegeranya amasaro y’agaciro kandi ahishe Nyagasani yabibye mu butaka bw’ubuzima bwacu. Ikiza kirahishe kandi kiratuje, bidusaba gushakashaka buhoro buhoro kandi tugahozaho, kuko uburyo  bw’’Imana burazimije kandi ntibukoresha igitugu.

Papa Fransisiko aradushishikariza kugira umuntu dusangiza ubuzima bwacu kuko bidufasha kubonamo ubukungu buhishemo. Papa aradusaba no kwigira ku buzima bw’Abatagatifu: ni uburyo bw’agaciro budufasha kubona inzira z’Imana mu buzima bwacu. Ubuzima bw’Abatagatifu buraducyebura kandi bukatwereka inzira nshya dukwiye kunyura. Ubuzima bw’Abatagatifu tubwigiramo kubona ibitangaza bito bito Nyagasani adukorera buri munsi

Papa yashoje inyigisho ye, avuga ko amateka y’ubuzima bwacu, uruhererekane rw’ihumure n’agahinda, yandikwa  n’ugushaka kw’Imana kuvugira mu mutima wacu kandi tukaba dusabwa kwiga kugutega amatwi.

 

Umwanditsi

Padiri Phocas BANAMWANA

Umunyamabanga wa Arkidiyosezi ya Kigali

Leave a Reply