Itangazo risoza imirimo y’igihembwe cya III gisanzwe cy’inama y’abepiskopi Gatolika mu Rwanda

Inama isanzwe yAbepiskopi Gatolika mu Rwanda yateraniye i Kigali kuva tariki ya 20 kugeza ku ya 23 Nzeri 2022. Nyiricyubahiro Musenyeri Filipo RUKAMBA, Umwepiskopi wa Diyosezi ya Butare akaba na Perezida wInama yAbepisikopi Gatolika mu Rwanda (C.EP.R) ni we wayitangije nisengesho. Abari mu nama bibanze ku gusuzuma raporo zimikoreshereze yumutungo muri za komisiyo na serivisi zInama yAbepiskopi nizamaseminari makuru asangiwe na Diyosezi zose mu mwaka wiyogezabutumwa dushoje watangiye ku wa 1 Nzeli 2021 ugasozwa ku wa 31 Kanama 2022.

Baboneyeho kunoza no kwemeza ingengo yimari yumwaka utaha w 2022 2023. Abepiskopi bunguranye kandi ibitekerezo ku zindi ngingo zinyuranye zihutirwa mu ikenurabushyo rusange. Atangiza imirimo yInama yAbepiskopi, Musenyeri Filipo RUKAMBA yakiriye kandi ashimira buri wese mu bayitumiwemo kandi bose bakayitabira cyane cyane abashya ari bo Padiri Tomasz Henryk GDULA, Umunyamabanga mushya wIbiro byIntumwa ya Papa mu Rwanda na Padiri Laurent SAFARI, Umunyamabanga Mukuru wungirije wa kabiri mu Nama yAbepikopi Gatolika mu Rwanda. Mu izina ryAbepiskopi bose, yabifurije gutangira neza ubutumwa bushya bahawe na Kiliziya. Umuyobozi wInama yaboneyeho kugeza ku bayitabiriye ingingo zose bazaganiraho.

Yahaye umwanya Intumwa ya Papa mu Rwanda wagejeje ku Bepiskopi ubutumwa bwihariye atangira yishimira ubutumire yagejejweho, yerekana Umunyamabanga mushya wIbiro bya Papa mu Rwanda bose baramwishimira. Intumwa ya Papa mu Rwanda yashimiye Kiliziya yu Rwanda ku ruhare Abakristu bayo bagira mu bikorwa byIngaga za Papa ku isi. Yasabye ko imbaraga nkizo ngizo zashyirwa no mu ituro rya Papa risabwa mu gihe gishoboka cyo kwizihiza Umunsi mukuru wIntumwa Petero na Pawulo batagatifu. Yibukije amadiyosezi kwita ku bikubiye mu mu ngingo ya 1271 mu Gitabo cyamategeko ya Kiliziya (Code du droit canonique).

Abepiskopi basangiye amakuru yerekeranye na Kiliziya yisi nubutumwa basohoreje mu madiyosezi yabo mu gihembwe gishize ndetse no hanze yazo. Iminsi ibiri ikurikiyeho yahariwe kwakira no kungurana ibitekerezo kuri za raporo zamaseminari makuru, izamaserivisi namakomisiyo nkinzego nshingwabutumwa zInama yAbepiskopi Gatolika mu Rwanda. Hari Iseminari Nkuru ya Nyakibanda, iya Kabgayi nʼiya Rutongo. Hari kandi Ubunyamabanga bukuru bwInama yAbepiskopi, urwego rushishikariza abakristu kugira uruhare mu bikorwa by Iyogezabutumwa rya Papa ku isi, urwita ku burezi gatolika nurushinzwe imyigishirize yiyobokamana. Hari na none Komisiyo yabalayiki, iyubutabera namahoro, iyurubyiruko, ishinzwe umutungo niyita ku muryango. Izo nzego zose zacunze neza umutungo ndetse ningengo yimari yumwaka mushya wiyogezabutumwa iremezwa. Abepiskopi basabye abayobozi bizo nzego ziyogezabutumwa gukomeza kunoza ibaruramari nicungamutungo ryumwuga ari na ko bihatira guhanga inzira nshya zo kwigira byongerera ubushobozi umuco mwiza wubufatanye

Gusangira imbuto zikiciro cya mbere cyurugendo rwa sinodi rwahaye abakristu amahirwe yo kurushaho kuba Kiliziya igendera hamwe, yunze ubumwe, iha agaciro uruhere rwa buri wese bityo Kiliziya ikabasha kogeza Inkuru nziza ya Yezu Kristu uko bikwiye byahawe umwanya kandi bizakomeza

Kwagura umushyikirano nabafatanyabikorwa mu gusigasira ubumwe nurukundo mu mubano wabashakanye ku neza yumuryango wose bikomeje kunozwa no gushyirwa muri gahunda kugira ngo ibibazo bihari bicocwe numuti ukiza ube wavutwa mu bufatanye busesuye. Insanganyamatsiko yuyu mwaka wiyogezabutumwa ryibanda ku burere nuburezi bitangirwa mu ishuri yaremejwe nibikorwa byingenzi biteganyijwe muri uyu mwaka biranozwa. Kuvugurura no kunoza imikorere nimikoranire yinzego ziyogezabutumwa birakomeje bigamije kugeza kuri bose Inkurunziza yumukiro. Nizindi ngingo zerekeranye nikenurabushyo muri rusange zarasuzumwe ku buryo butanga icyizere cyibisubizo biboneye. Imyanzuro yinteko rusange zamashyirahamwe yInama zAbepiskopi Gatolika bu Rwanda nUburundi (ACOREB) yaribukijwe, aba Repubulika iharanira demokarasi ya Kongo, u Rwanda nUburundi (ACEAC) yarasuzumwe naho iyUmugabane wose wAfurika nIbirwa byayo (SCEAM) iratangazwa

Imwe mu myanzuro yemejwe n’Inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda n’iyi ngiyi : 

  1. 1. Insanganyamatsiko y’uyu mwaka w’ubutumwa wahariwe kwita ku burezi n’uburere 

bitangirwa ku ishuri ikaba nintego ihoraho yishuri gatolika yaremejwe, ni Umwana ushoboye kandi ushobotse. Abepiskopi barasaba ababyeyi, abarezi nizindi nzego zose zirebwa nuburezi kungikanya ubwitange nurukundo kugira ngo uyu mwaka uzere 

imbuto nyinshi nziza.

2. Umwaka wamasomo 20222023 mu maseminari makuru uzatangira kuwa 30 nzeri  2022.

3. Abepiskopi biyemeje kurushaho gukangurira abakristu bose kuzirikana agaciro kituro ryo ku wa Gatanu Mutagatifu ryagenewe gusigasira ibikorwa byukwemera biri ku Butaka Butagatifu. Barabibutsa kandi ko ituro ryo ku cyumweru gikurikira ihimbazwa ryumunsi mukuru wabatagatifu Petero na Pawulo intumwa (29/06) ryagenewe gushyigikira Papa mu bikorwa bifatika byo kogeza urukundo rwImana mu bantu

  1. 4. Abepiskopi bemeje ko abakateshisti bo mu Rwanda bazakorera urugendo nyobokamana i Namugongo ho muri Uganda muri Gicurasi 2023 bisunze Umuvunyi wabo Mutagatifu Andreya Kaggwa. Barasaba rero amadiyosezi yose nabakateshisti ubwabo kuzitabira no kunoza imyiteguro ngombwa hakiri kare.

5. Ihuriro ryingo mu rwego rwIgihugu rizateranira i Kigali kuva ku wa 1920 Ugushyingo 2022.

6. Abepiskopi biyemeje kandi gukomeza gushyigikira ubufatanye Kiliziya ifitanye na Leta mu rwego rwo guteza imibereho myiza yumuturarwanda, mu burezi no mu buvuzi.

7. Inteko rusange yishyirahamwe yInama yAbepiskopi Gatolika bu Rwanda nUburundi (ACOREB) izateranira i Kibeho mu Gushingo 2022 (1417).

8. Mu Nteko rusange yInama yAbepiskopi Gatolika mu Rwanda itaha hazasurwa inyubako yayo iri ku Ruyenzi mu rwego rwo kureba aho imirimo igeze. Inama yasojwe ku wa 23 Nzeri 2022 i saa munani zuzuye (14h00)

 

Kuri uyu munsi wa kabiri w’inteko rusange y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda, Abepiskopi bakiriye Honorable Gatabazi JMV, Minisitiri w’Ubutegetsi bw’igihugu baganira ku mbaraga zikenewe kongerwa mu bufatanye bwa Leta y’u Rwanda na Kiliziya Gatolika.

 

Minisitiri Gatabazi JMV yashimiye uruhare Kiliziya Gatolika igira mu iterambere ry’igihugu binyuze muri gahunda zitandukanye zigamije guhindura imibereho y’abaturage ariko anagaragaza ibikeneye kongerwamo imbaraga.

ITANGAZO RISOZA IMIRIMO Y’IGIHEMBWE CYA III GISANZWE CY’INAMA Y’ABEPISKOPI GATOLIKA MU RWANDA YATERANIYE I KIGALI KUVA TARIKI YA 20 KUGEZA KU YA 23 NZERI 2022

Leave a Reply