20/07/2013-20/07/2021: imyaka 8 irashize  Nyiricyubahiro Antoine Cardinal KAMBANDA ari  Umwepiskopi

20/07/2013-20/07/2021: imyaka 8 irashize  Nyiricyubahiro Antoine Cardinal KAMBANDA ari  Umwepiskopi

Ku wa 20 Nyakanga 2013 ni bwo Nyiricyubahiro Antoine Cardinal KAMBANDA yahawe Ubwepiskopi kandi atangira kuyobora Diyosezi ya Kibungo. Musenyeri Tadeyo NTIHINYURWA, Arkiyepiskopi wa Kigali uri mu kiruhuko ubu, ni we wabumuhaye.  Byaje bikurikira itangazo rya Nyirubutungane Papa ryo muri Gicurasi 2013 ryagaragazaga ko Padri Antoine KAMBANDA ari we yatoreye kuba Umwepiskopi wa Kibungo. Kuri uyu wa 20 Nyakanga 2021 rero, Nyiricyubahiro Cardinal arahimbaza isabukuru y’imyaka 8 amaze ahawe Ubwepiskopi.

Nyiricyubahiro Cardinal ni muntu ki?

Kardinali Antoni Kambanda yavukiye i Nyamata mu Karere ka Bugesera, Intara y’Uburasirazuba, tariki  10 Ugushyingo 1958.

1966 à 1968: Amashuri abanza i Mushisha mu Burundi.

1969-1975: Yakomereje amashuri abanza i  Kampala muri Uganda.

1976- 1979 : Icyiciro cya mbere cya Seminari ntoya i Moroto muri  Uganda (O Level)

1981 – 1983: Icyiciro cya kabiri cya Seminari ntoya i Kiserian-Nairobi (A level)

1983 – 1987: Seminari Nkuru  – Impamyabumenyi muri Filozofiya i  Nairobi

1988 – 1990: Seminari Nkuru – Tewolojiya mu Nyakibanda – Rwanda

08/09/1990: Yahawe Ubusaserdoti na Nyirubutungane Papa Yohani Pawulo-Paul II i Mbare mu Rwanda

1990-1993: Ushinzwe amasomo mu Iseminari nto ya Ndera n’umwarimu muri iyo Seminari

1993 – 1995: impamyabumenyi ya maitrise mu Bumenyi bw’Imana n’imbonezabupfura (Theologie Morale), Academia Alphonsiana, Roma

1995 – 1999: impamyabumenyi y’ikirenga (doctorat) mu Bumenyi bw’Imana n’imbonezabupfura (Theologie Morale) muri  Academia Alphonsiana, Rome, Italie

Ubutumwa yakoze

 1990- 1993: yabaye umuyobozi ushinzwe amasomo muri Seminari nto ya Mutagatifu Visenti wa Pawulo i Ndera

1999 – 2005, yakoze imirimo ikurikira :

Umuyobozi wa Caritas ya Arkidiyosezi ya Kigali

Prezida wa Komisiyo y’Ubutabera n’Amahoro

Umwarimu mu Iseminari nkuru ya  Nyakibanda

2004 – 2007: Visi Prezida w’Inama y’Ubutegetsi ya  RIM.

2005 – 2006: Umuyobozi wa Seminari Nkuru Phisophicum i Kabgayi

2006 – 2013: Umuyobozi wa Seminari Nkuru ya Nyakibanda

2013 – 2018: Umwepiskopi n’Umushumba wa Diyosezi ya Kibungo. Yatorewe uwo mwanya tariki ya 7 Gicurasi 2013 , ahabwa inkoni y’ubushumba tariki ya 20 Nyakanga 2013 na Myr Tadeyo Ntihinyurwa, hari n’Intumwa ya Papa mu Rwanda, Myr  Luciano Russo, n’uwari Ministri w’Intebe w’u Rwanda  icyo gihe, Pierre Habumuremyi.

2013-:  Prezida wa Komisiyo y’Abepiskopi Gatolika y’Ubutabera n’Amahoro

2013-:  Prezida wa Kimisiyo y’Abepiskopi Gatolika y’Umuryango

2015 (Ukwakira) : Yoherejwe n’Inama y’Abepiskopi Gatolika mu Rwanda mu Nteko Rusange ya 14  ya Sinodi  y’Abepiskopi.

19/11/018: Nyir’Ubutungane Papa Fransisko yamutoreye kuyobora Arkidiyosezi ya Kigali asimbuye Myr Tadeyo Ntihinyurwa wari ugiye mu kiruhuko cy‘izabukuru.

27 /01/2019 : yahawe inkoni y’Ubushumba nka Arkiyepiskopi mushya wa  Kigali kuri  Stade Amahoro i Remera, Kigali.

14/07/2019:  yambitswe Indangabubasha ‘Pallium’, umuhango wabereye muri Paruwasi ya Rulindo

25/10/2020: Papa Fransisiko yamutoreye kuba Kardinali muri Kiliziya

28/11/2020: yashyizwe mu rwego rw’Abakardinali

Intego : “Ut vitam habeant”, “Bose bagire ubuzima busendereye” (Yn 10,10).

Twifurije Nyiricyubahiro Cardinal isabukuru nziza kandi tumusezeranya isengesho n’ubufatanye nka Arkiyepiskopi wa Kigali unakiyobora gihe Diyosezi ya Kibungo.

Reba uko byari bimeze i Kibungo

Padri Jean-Pierre RUSHIGAJIKI

Leave a Reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *