Paruwasi Remera

Paruwasi  Regina Pacis ya Remera

 

Padri Mukuru,Padri Jean Bosco NTAGUNGIRA

Numero ya telefoni : 0788305147

Umunyamabanga: Sandrine UWAMALIYA

Numero ya telefoni: 0782273022

Missa

Kuri paruwasi

  • Ku cyumweru :  07h00 (kinyarwanda), 09h00 (icyongereza), 11h (kinyarwanda), 17h00 (igifaransa)
  • Ku mibyizi :06h30, 17h45 (Kinyarwanda)

Muri santarali  Kibagabaga na Samuduha

  • Ku cyumweru : 08h00 (Kinyarwanda)
  • Ku mibyizi : 06h30 (Kinyarwanda)

Gushengerera 

Kuwa kabiri no kuwa kane nyuma ya missa ya mugitondo, kuri paruwasi no mu masantarali

Penetensiya

Kuwa gatandatu nyuma ya Missa ya mugitondo, ariko mu gisibo no muri adventi hakorwa gahunda idasanzwe.

Imiterere ya paruwasi 

Paruwasi Regina Pacis ya Remera ihana imbibi na paruwasi zikurikira :  Ndera (mu burasirazuba), Kacyiru (amajyaruguru n’uburengerazuba), Gikondo (uburengerazuba) na Kicukiro (amajyepfo). Igice cyayo kimwe kiri mu Karere ka Gasabo, ikindi kiri muri Paruwasiya  Kicukiro.

Yahoze ari santarali ya Paruwasi Kicukiro ari nayo yayibyaye.  Yashinzwe tariki  22 kanama 2008.  Tariki 14 Nzeri 2008, ku munsi w’ikuzwa ry’umusaraba,   nibwo Kiliziya ya Paruwasi yatashywe, ihabwa umugisha na Myr Tadeyo  Ntihinyurwa.  Mu bikorwa remezo bindi byubatswe nyuma, harimo n’icumbi ry’abapadiri na kiliziya ya santarali ya Samuduha, naho Kiliziya ya santarali ya Kibagabaga na sikirisare Sainte Rita ya Nyabisindu ziriho zirubakwa.

Santarali za Paruwasi Regina Pacis

Santarali ya Remera

Niyo kicaro cya paruwasi.  Niyo ifite abakristu benshi, bibumbiye muri MPuza  19  n’imiryango remezo  95.  Guhera tariki 03/07/2017, yabyaye Sikirisale Sainte Rita ya Nyabisindu.

Santarali ya Kibagabaga

Iri mu murenge wa Kimironko.  Ifite Mpuza 5 n’imiryango remezo 13.   Kiliziya nshya iriho yubakwa ifite ibyicaro 1800.   Izatwara amafranga abarirwa muri 380, 000,000 Frw.

Santarali ya Samuduha

Guhera tariki 29 Mutarama 2016, Myr Tadeyo NTIHINYURWA yashyize sikirisare ya Samuduha ku rwego rwa santarali.  Yari imaze kuzuza imirimo yo kwiyubakira kiliziya nshya, ifite ibyicaro 800.

Ibigo by’abihaye Imana muri paruwasi

Iby’abapadri

Abayezuwiti

Imiryango y’ababikira

Sœurs Pénitentes de Saint François d’Assise

Sœurs Benebikira

Oblates du Saint Esprit

Sœurs de Sainte Marie de Namur

Serviteurs de Marie dans le Cœur de Jésus

Fraternité du Bon Pasteur

Sœurs de Saint Joseph de Girona

Sœurs de Saint Joseph

Inshuti z’abakene

Abafurere

Abayozefiti

Inzira zo gukemura ibibazo by’ingutu paruwasi ifite

Kuvugurura no kongerera ubushobozi inzego za paruwasi;

Gushingira iyogezabutumwa  ku miryango remezo;

Gufata umuryango nk’ishingiro ry’iyogezabutumwa;

Gufasha urubyiruko kurushaho kwigirira ikizere no  gutegura ejo hazaza harwo, muri sosiyete no muri kiliziya;

Kongerera ingufu ibikorwa byo kwita ku mbabare n’abatishoboye;

Guteza imbere imishinga yo gufasha abakristu kwifasha;

Kwifashisha ikoranabuhanga ry’itumanaho mu iyogezabutumwa;

Kwita ku iyogezabutumwa rishingiye ku byiciro binyuranye by’abakristu;

Guhuza iyogezabutumwa n’umuco nyarwanda;

Gushyigikira umushyikirano hagati y’abakristu gatolika n’ab’andi madini;

Kongerera ingufu iyogezabutumwa ryegera abakristu.