Paruwasi Kacyiru

PARUWASI UMWAMIKAZI W’IMPUHWE YA KACYIRU

Padri Mukuru,Padri Jean Claude MUVANDIMWE

Nimero ya telefoni :0788308805

Umunyamabanga: Béatrice MUKAMUSANA

Nimero ya telefoni: 0785255290

Missa

Kuri paruwasi

– Ku cyumweru: 07h00, 07h15 (abana), 09h00, 11h00 (Kinyarwanda), 17h00 (igifaransa)

– Missa ku mibyizi

• lkuwa mbere: 18h00

• Kuwa kabiri kugeza kuwa gatanu: 6h00

• Kuwa gatandatu no ku minsi ya konji: 07h00

• Kuwa gatandatu w’umuganda: 06:00

• Missa y’abakozi kuva kuwa mbere kugeza kuwa gatanu: 12h15

Muri za santarali

– Kagugu:

– Ku cyumweru: 07h00,  7h15 (enfants), 09h00, 11h00 (kinyarwanda), 17h (français)

– Ku mibyizi: 6h30 du lundi au samedi, 18h le mercredi

– Kinyinya:

– Ku cyumweru: 07h00, 10h00 (Kinyarwanda)

– Ku mibyizi: Kuwa gatatu no kuwa gatanu : 18h15

Nyarutarama:

Ku cyumweru mu cyumba MU ishuri rya ADB: 09h00

Kuri shaperi y’Abadominikani

– Ku cyumweru: 11h00 (igifaransa) et 17h00 (icyongereza)

Penetensiya

Kuri paruwasi:

• Kuwa kabiri no kuwa kane nyuma ya misa ya mugitondo

Ku bakozi: kuwa gatandatu mbere ya Missa (06h00-06h50)

Mu masantarali

• Kagugu: Kumvikana na Paadiri wasomye missa ya mugitondo

• Kinyinya: kuwa gatatu no kuwa gatanu nyuma ya missa ya mugitondo

Gushengerera:

– Kuri paruwasi: kuwa mbere guhera saa tatu no kuwa kane guhera  6h45 kugeza nimugoroba

– Kagugu: Kuwa kane nyuma ya Missa

– Kinyinya: Kuwa kane nyuma ya Missa

Kwakira abakristu

– Kuwa kabiri: kuva saatatu kugeza saa saba no guhera saa kumi n’imwe

–  Kuwa gatanu:  Kuva saa tatu kugeza saa saba n’igice

Incamake y’uko Paruwasi  iteye

Paruwasi Umwamikazi w’Impuhwe ya Kacyiru yashinzwe ku itariki ya 29 Kanama 2004. Ubuso bwayo buri mu mirenge ya Kacyiru, ariyo yubatsemo paruwasi, Kimihurura, Remera, Kinyinya, Bumbogo na Gisozi ho mu karera ka Gasabo mu mujyi wa Kigali. Iyo paruwasi ihana imbibi na Paruwasi ya Remera na Gishaka mu burasirazuba, Kabuye na Sainte Famille mu burengerazuba.

Santarali n’imiryangoremezo iyigize

Santarali ya Kacyiru            : imiryangoremezo 91
Santarali ya Kagugu            : imiryangoremezo 35

Santarali ya Kinyinya          : imiryangoremezo 33
Santarali ya Nyarutarama  : imiryangoremezo 19

Amateka ya paruwasi

Santarali ya Kacyiru ikimara gushyirwaho muri Paruwasi y’Umuryango Mutagatigu (Sainte Famille), abakristu basengeraga mu cyumba mberabyombi cy’Isanduku y’Ubwiteganyirize bw’Abakozi y’u Rwanda. Ubwo hari mu myaka ya 1987-1990.

Guhera muri 1991 kugeza muri 2002, santarali yimuriwe mu kibanza cyagombaga kuzaba icumbi ry’Arkiyepiskopi wa Kigali. Ni naho hari hateganyijwe kubakwa icyicaro cye gikuru. Abakristu basengeraga mu cyumba cy’iyo nzu y’icumbi kandi bagasomerwa misa kabiri mu cyumweru. Nyuma yaho, abakristu biyubakiye ubwabo aho basengera, ari naho hari kiliziya ya Kacyiru ubungubu. Iyo santarali yaje kuba “Quasi-paruwasi” mu mwaka wa 2003, iyoborwa na Padiri Anasitazi Nzabonimana.

Ku itariki ya 29/8/2004, uwari Arkiyepiskopi wa Kigali, Myr Tadeyo Ntihinyurwa, yatangije ku mugaragaro paruwasi kandi ayiragiza Bikira Mariya Umwamikazi w’Impuhwe. Umunsi mukuru wa paruwasi uba ku itarikinya 25/3, ku munsi mukuru wa Bikira Mariya amenyeshwa ko azabyara Umwana w’Imana.

Paruwasi ya Kacyiru mu mibare

Amasantarali             : 4

Imiryangoremezo     : 330

Imiryango y’abiyeguriye Imana b’abapadiri: 2 ifite abayigize 7

Imiryango y’abiyeguriye Imana b’ababikira: 4 ifite abayigize 20

Abakateshiste bahembwa: 4

Abakateshisite b’abakorerabushake: 170

Abagabuzi b’Ukarisitiya: 71

Amashuri y’incuke: 31

Imiryango y’abihayimana muri Paruwasi

Les Pères Dominicains

Les Adoratrices

Les Carmélites

Les Oblates de l’Assomption

Abiyeguriye Imana bakomoka muri Paruwasi ya Kacyiru

Padiri Jean Bosco NTAGUNGIRA

Padiri Emmanuel NGIRUWONSANGA

Padiri François NSANZABACU

PadiriAbbé Raphaël MANIRAKIZA

Mama Maula Domitille UWITIJE

Umuti w’ibibazo by’ingutu paruwasi ifite

  • Kubaka kiliziya ya paruwasi ikwiriye na za kiliziya z’amasantarali atatu azikeneye;
  • Guteza imbere ubwitange bw’abakristu, by’umwihariko mu miryangoremezo;
  • Amahugurwa ahoraho y’abakristu muri paruwasi;
  • Kongerera imbaraga ikenurabushyo ry’urubyiruko n’iry’imiryangoremezo;
  • Guteza imbere ikenurabushyo ry’abiyumvamo umuhamagaro wo kwiyegurira Imana;
  • Gushinga ishuri ry’incuke n’ikigo cy’amashuri abanza;
  • Kubaka icyumba mberabyombi cya paruwasi;
  • Kubaka icapiro riciriritse rya paruwasi kugira ngo rifashe mu kwihaza ku mutungo;
  • Kongera ubushobozi bw’abakozi;
  • Gukangurira abakristu gutanga amaturo no guteza imbere gusaba misa zo gushimira.