Paruwasi Gikondo

Paruwasi Mutagatifu Visenti Pallotti ya Gikondo

Padri Mukuru,Padri Jean Pierre NSABIMANA

Nimero ya telefoni : 0788419225

Umunyamabanga: Alexandre  NSANZABAGANWA

Nimero ya telefoni: 0789271436

GAHUNDA YA MISSA :

Ku cyumweru :

  • 06h00, 10h00 & 12h00: Mu Kinyarwanda
  • 08h00 :  Mu Kiswahili
  • 16h30 : Mu Gifaransa

Ku yindi minsi :

  • Missa ya mugitondo buri munsi  itangira 06h30
  • Missa ya nimugoroba ku bantu bose itangira 18h00  kuwa gatatu kugeza kuwa gatanu
  • Missa y’urubyiruko nimugoroba buri wa kabiri w’icyumweru, itangira 18h00
  • Missa y’abarwayi  nimugoroba kuwa mbere wa gatatu w’ukwezi,itangira 16h30 ;
  • Missa ya Neo-catechumenat kuwa Gatandatu nimugoroba, itangira 18h00

GUSHENGERERA

Kuwa kabiri kugeza kuwa kane nyuma ya Missa ya mugitondo

PENETENSIYA :  

Kuwa kane nyuma ya Missa ya mugitondo

Tumenye Paruwasi ya Gikondo

Paruwasi ya Gikondo yahoze ari Santarali ya Paruwasi y’Umuryango Mutagatifu ari nayo yayibyaye.  Yashinzwe mu mwaka w’1976. Ikora ku gice cy’imirenge ya  Kigaramana  na Gatenga, naho umurenge wa Gikondo wose uri mu mbibi zayo.  Kiliziya ya Paruwasi iri mu Mudugudu wa  Marembo, Akagari ka Kanserege, Umurenge wa Gikondo, Akarere ka  Kicukiro.

Ihana imbibi na paruwasi Nyamirambo  (amajyaruguru), Remera na Kicukiro (amajyepfo),  Sainte Famille na Saint Michel (uburengerazuba), na paruwasi ya  Kicukiro  (uburasirazuba).

Amateka ya paruwasi

Paruwasi Mutagatifu Visenti Palloti ya  Gikondo yizihiza umunsi mukuru wayo tariki   22 Mutarama.

Ishingwa nta santarali yagiraga.  Yari ifite  inama z’uturere  zikurikira :

  1. Butare
  2. Kanserege
  3. Karambo
  4. Kigarama
  5. Mburabuturo
  6. Murambi

Gikondo iba paruwasi muri 1976,  nta nyubako yayo bwite yari ifite, kuko yagiye ikorera hirya no hino. Babanje kujya bateranira mu ishuri rya Gikondo, icyo gihe ryari rigizwe n’akazu k’icyumba kimwe kubakishije amabuye, kuva hasi kugera hejuru, gasakaje amategura, aho Groupe Scolaire St Vincent Pallotti yubatse ubungubu.

Ikigo nderabuzima cya Gikondo kimaze kubakwa, abakristu bavuye ku ishuri rya Gikondo batangira kumvira misa ku Kigo Nderabuzima mu cyumba kimwe cy’inama. Ariko kubera ubuto bwacyo, abakristu bamwe bakayumvira hanze.   Babifashijwemo n’Abapadiri b’Abapallotini Bari bamaze kugira inyubako batuyemo iri ahari urugo rwabo ubungubu, abakristu bemerewe kujya basengera mu kigo cya Mera, cyakoraga Radio Mera, bakumvirayo na misa.

Abo bapadiri bamaze kuzuza inyubako yabo ya mbere kuri paruwasi, yarimo n’icyurnba cyari kigenewe guteza imbere umuco /centre culturel,  abakristu bavuye mu kigo cya MERA, batangira kumvira misa muri icyo cyumba ndangamuco.   Aho niho bakomeje gusengera no kumvira misa, kugeza muri 1980, aribwo Kiliziya  yatashywe ku mugaragaro nk’ingoro ya Paruwasi nshya ya Gikondo, yitirirwa Mutagatifu Visenti Pallotti, ihabwa umugisha n’Umushumba w’ Arkidiyosezi ya Kigali Musenyeri Visenti NSENGIYUMVA.

Santarali Mutagatifu  Pallotti ya Gikondo.

Yahsinzwe tariki   21 Mutarama  2017 hatorwa komite izayiyobora.

Ifite Mpuza  18 n’imiryango remezo  112.

Santarali Mutagatifu Pawulo ya  Murambi.

Igitekerezo cyo gutangiza iyi santarali cyavuye ku bakristu ubwabo, kubera abakristu benshi bavaga muri Kiliziya Gatolika bajya mu yandi madini, bagasobanura ko paruwasi iri kure yabo.    Padiri Gasore yakiriye neza icyo cyifuzo mwa ka wa 2000.  Yemerera abakristu kujya bakora imihimbazo abaha n’ibikoresho bakeneye.  Umuhimbazo wa mbere wabereye munsi y’igiti cy’umunyinya, mu kibanza abakristu bari barahawe n’umurenge tariki 20/02/2000.  Mu kwezi kwa Mata  2000, ku munsi wa Pasika, Misa ya mbere yasomewe i Murambi munsi y’igiti, habatizwa n’abana batatu.

Nyuma yaho, abakristu bunganiwe n’abo mu miryango ya Agisiyo Gatolika ya paruwasi batangiye kubaka shaperi ntoya ya metero  5 x 7. Ariko ikibanza bacyambuwe na Leta yari yakibahaye  imirimo yo kubaka itararangira.

Abakristu ubwabo barisuganyije, bagura ikibanza cy’amafranga  50.000 FRW.  Inyubako ya mbere bari batangiye imvura y’umuvumbi yarayishenye mu mwaka wa 2003, bakomeza gusengera munsi y’igiti.    Padiri Antoine BALIGORA atangira kujya aturayo igitambo cya misa buri kwezi.  Avanwa i Gikondo mu mwaka wa 2005, Kiliziya bari batangiye kubakwa yari igeze ku madirishya.

Padiri  Chrysante RWASA aho aziye afasha abakristu gukomeza imirimo no kuyirangiza.  Kiliziya yatashywe na Myr Tadeyo  NTIHINYURWA  tariki  05/07/2009.  Santarali iragizwa Mutagatifu Pawulo.  Ifite Mpuza  4  n’Imiryango Renmezo  17.

Abapadiri bayoboye Paruwasi ya Gikondo

1976-1977 : P. Henri Hoser

1977-1978 : P. Henri KAZANIECKI

1978-1979 : P.  Antoine MYJAK

1979-1993 : P. ZBIGNIEW PAWLOWSKI

1993-1994 : P. Henri PASTUSZKA

1995-1997 : P. Antoine MYJAK

1997-2001 : P. Janvier GASORE

2001-2005 : P. Antoine BALIGORA

2005-2008 : P. Chrysante RWASA

2008-2011 : P. Ascension NKULIKIYIMANA

2011-2014 : P. Désiré RUVAMWABO

2014-2016 : P. Norbert SEBUTITIRA NSENGIYUMVA

Nyakanga 2016  kugeza uyu munsi: P. Chrysante RWASA

Imiryango y’abihaye Imana muri Paruwasi

  1. Abapadiri b’aba Pallottins
  2. Ababikira b’aba Pallottines
  3. Ababikira b’abasomusiyo
  4. Ababikira b’ Inshuti z’Abakene

Ibikorwa nkenurabushyo muri paruwasi

  1. Ishuri ry’inshuke  Saint Vincent Pallotti -Gikondo
  2. Ikigo nderabuzima cya  Gikondo
  3. Centre Culturel Saint Vincent Pallotti Gikondo
  4. Groupe Scolaire Saint Vincent Pallotti Gikondo

Abihaye Imana bakomoka muri paruwasi

  1. P. RUTAREMARA RUKANIKA
  2. P.  Jean Bosco HABYARIMANA
  3. Mama Emilienne UMUTESI
  4. Mama Angélique SENDEGE

Inzira zo gucyemura ibibazo by’ingutu Paruwasi ifite

Kwagura kiliziya (biri hafi kurangira) ;

Kubaka icumbi ry’abapadiri;

Gukora ibarura ryizewe ry’abakristu ba paruwasi;

Kubaka Kiliziya nshya ya Santarali ya Murambi ;

Gutangiza imishinga yakongerera paruwasi amikoro yinjiza ;

Guhugura ku buryo buhoraho abakozi ba paruwasi ;

Kongerera ingufu Mpuza n’imiryango remezo ;

Kuvugurura imyigishirize y’urubyiruko kugira ngo ruhabwe ubushobozi bwarufasha kwibeshaho ;

Guteza imbere ikoreshwa ry’ikoranabuhanga mu itumanaho mu iyogezabutumwa ;

Gushishikariza abakristu gusoma…..