Dusubire muri Paruwasi nziza “Bikira Mariya Umwamikazi wa Rozari/Mugote”mu mafoto 100

Ejo ku Cyumweru, tariki ya 5 Ugushyingo 2023, Arkidiyosezi ya Kigali yibarutse paruwasi nshya Bikira Mariya Umwamikazi wa Rozari/Mugote. Iyi paruwasi yabyawe na paruwasi ya Rutongo. Ije ari paruwasi ya 41 mu maparuwasi agize Arkidiyosezi ya Kigali. Ni paruwasi ifite inyubako ya kiliziya ibereye amaso kubera ubwiza. Umunsi w’ishingwa rya Paruwasi Mugote wahuriranye n’umunsi wo kwegurira Imana no guha umugisha kiliziya nshya ya paruwas Mugote. Reka twongere tubereke ubwiza bw’ibirori byaranze umunsi w’ishingwa rya paruwasi no guha umugisha kiliziya.

Kiliziya nshya ya Paruwasi Mugote
Alitari yo mu kiliziya ya Paruwasi Mugote

Arkiyepiskopi wa Kigali atangiza umuhango wo guha umugisha kiliziya nshya ya paruwasi ya Mugiote
Arkiyepiskopi afungura ku mugaragaro kiliziya ya paruwasi Mugote, afatanyije na padiri mukuru wa paruwasi Mugote Jean Claude BIGIRIMANA na padiri Jean de Dieu NSHIMIYIMANA, padiri mukuru wa paruwasi Rutongo
Arkiyepiskopi afungura kumugaragaro kiliziya ya paruwasi Mugote
Arkiyepiskopi afungura kumugaragaro kiliziya ya paruwasi Mugote

Padiri Theophile NKUNDIMANA wari ushinzwe gahunda y’umunsi
Padiri Mukuru wa paruwasi Mugote BIGIRIMANA Jean Claude

Umutambagiro ugana Alitari
Abakristu bitabiriye ari benshi Igitambo cya Misa

Arkiyepiskopi ashyira umukono ku Iteka ry’ishingwa rya paruwasi Mugote

Arkiyepiskopi wa Kigali afungura imiryango ya kiliziya ya paruwasi Mugote

 

Umutambagiro w’Ijambo ry’Imana

Bibiliya Ntagatifu padiri mukuru wa Mugote yarahiriyeho

Arkiyepiskopi yosa kiliziya nshya
Abakristu bitabiriye ari benshi

Hari n’abashyitsi bavuye Iburayi

 

Leave a Reply